Amafaranga ahabwa abaturiye parike yariyongereye

img
Amafaranga yariyongeye mu bukerarugendo

Abaturiye Parike y’Igihugu y’Ibirunga baravuga ko bamaze gutezwa imbere n’amafaranga asaranganywa abaturiye iyo parike.

Ni mu gihe uturere twa Burera, Musanze, Nyabihu na Rubavu twasaranganyijwe amafaranga asaga miliyani imwe na miliyoni ijana.
Hari koperative zirenga 75 zibumbiyemo abanyamuryango barenga ibihumbi bitanu bakora akazi ko kubungabunga Parike y’Igihugu y’Ibirunga mu turere twa Burera, Musanze, Nyabihu na Rubavu. Ibikorwa byabo bikomeje gutanga umusaruro ufatika, aho urusobe rw’ibinyabuzima muri iyi parike rubungabunzwe ndetse ibikorwa bya ba rushimusi ahenshi bimaze kuba amateka.

Abanyamuryango b’izo koperative bagaragaza ko bamaze gutezwa imbere n’amafaranga asaranganywa abaturiye iyo parike.
Mu mwaka ushize, amafaranga yasaranganyijwe abaturiye Parike y’Igihugu y’Ibirunga muri gahunda ya Revenue Sharing yari miliyoni 728. Kuri ubu yiyongereye ku gipimo kiri hejuri ya 50% aho yageze kuri miliyari imwe na miliyoni ijana zisaga.

Uwingeri Prosper uyubora Parike y’Igihugu y’Ibirunga agaragaza ko uyu musaruro ukomoka ku bwiyongere bw’abasura iyo parike kubera nyuma y’aho igihugu gihashije icyorezo cya COVID-19.

Gahunda yo gusaranganya inyungu z’umutungo ukomoka ku bukerarugendo, abaturage bo mu mirenge 12 ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga bahabwa inyungu y’amafaranga angana na 10%.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo