Madamu Jeannette Kagame mu isozwa ry’ihuriro ry’urubyiruko “Imbuto Zitoshye”

img
Abitabiriye bafite imyaka hagati ya 12 na 18

Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yitabiriye igikorwa cyo gusoza Ihuriro ry’urubyiruko rya 13 ry’Imbuto Zitoshye cyabereye mu Karere ka Gisagara, muri GS St Bernadette i Save.

Iri huriro ryari rimaze iminsi 4, rikaba ryaritabiriwe n’abafite imyaka hagati ya 12 na 18.

Gahunda ya Edified Generation yatangijwe na Madamu Jeannette Kagame muri 2002 hagamijwe kurihira amashuri abana batsinda neza mu ishuri ariko baturuka mu miryango idafite ubushobozi bwo kubabonera ibikenewe ngo babashe kwiga neza.

Umuryango Imbuto Foundation uvuga ko kuva icyo gihe abanyeshuri bagera ku 10,641 b’abahungu n’abakobwa ari bo bamaze guhabwa buruse zo kwiga mu mashuri yisumbuye.

Bimwe mu byaranze iri huriro ry’abanyeshuri harimo ibiganiro byatanzwe n’inzego zinyuranye ndetse no kugira umwanya wo kubaza no gutanga ibitekerezo.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo