Temberera Sawa Sawa Hotel unyurwe na serivise nziza

img
Sawa Sawa Hotel

Kuvuga ibikorwa remezo biri mu Karere ka Rubavu ukibagirwa ko ari ahantu habereye ubukerarugendo byafatwa nko kuba ufite amakuru atuzuye. Nibyo Rubavu ni ahantu heza hafatwa nka hamwe mu hantu hambere habereye ubukerarugendo. Birumvikana ko uwatembereye aba akeneye aho aruhukira hafite serivise nziza. Ugiye ahitwa Sawa Sawa Hotel, ni amahitamo meza waba ugize kuko abantu benshi banyuzwe n’uburyo iyi hotel ikora kinyamwuga.

Ino Hotel iri mu mujyi wa Gisenyi ahateganye neza na ADEPR Ururembo rwa Rubavu, Paroisse ya Gisenyi. Ukihinjira wakirwa neza n’amahumbezi ava mu biti bihateye ndetse n’umwuka mwiza uva mu Kiyaga cya Kivu n’ishyamba riri ku musozi wa Rubavu.
Ibyo kurya , kunywa ndetse n’aho kurara ni umwihariko w’aha hantu kuko byose bikurikiranwa n’inzobere zifite ubunararibonye bw’umwuga.

Hejuru y’ibi byose haba hari umuziki mwiza ucuranzwe bisanzwe n’undi w’imbonankubone ukunzwe na benshi (igisope), hari icyumba gishobora kwakira inama cyangwa ibindi birori.
Niba ushaka kuvugana n’umukozi wa Sawa Sawa Hotel, hamagara +250 788 357 771.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo