Uburyo bworoshye bwo kwiga ururimi rw’Ikidage kandi vuba

img
Abanyuze muri iri shuri bose bavuga neza Ikidage

Ururimi ni bumwe mu buryo bw’ibanze ndetse bunakoreshwa na benshi mu itumanaho umunsi ku munsi. Ibi bishobora gukorwa binyuze mu nyandiko cyangwa se imvugo aho umuntu aganira n’undi amaso ku maso cyangwa mu ikoranabuhanga. Iki gihe turimo aho ururimi rw’Ikidage ruri kuyobokwa ndetse rukaba ruri gukoreshwa cyane, benshi bakenera abarimu b’abahanga murirwo ndetse n’aho kurwigira bitabagoye. Igisubizo kirambye kuri ino ngingo ni Training Center of Language (TCL).

Iri shuri hari abarimu b’inzobere , bafite ibitabo n’izindi mfashanyigisho zituma uhigiye ahavana ubumenyi butuma avuga ndetse akanandika neza ururimi rw’Ikidage nk’uwahavukiye.
Training Center of Language (TCL) babarizwa mu Karere ka Rubavu, ku kigo cya RTC-TSS (Rubavu Technical College) benshi bazi nko kuri Hoteleri. Hari amasomo yo mu byiciro bya A1, A2, B1 ndetse na B2.

Ushobora guhitamo igihe uzajya wigira ugendeye ku kazi kawe cyangwa se igihe ubonera umwanya. Abo ku manywa biga kuva saa mbili za mu gitondo kugeza saa saba z’amanywa kuva ku wa mbere kugera ku wa gatanu.

Abiga ku mugoroba batangira amasomo yabo kuva saa kumi n’imwe kugeza saa satatu kuva ku wa mbere kugera ku wa gatanu. Ni mu gihe abiga mu mpera z’icyumweru (weekend) batangira saa mbili za mu gitondo kugera saa cyenda z’amanywa.
Biteganyijwe ko amasomo azatangira 15/4/2024 uretse abiga muri gahunda ya A1 ya weekend bazatangira ku itariki 13/4/2024.

Niba nawe ushaka kuza kwiga hamagara iyi nimero aka kanya bagufashe +250 788 653 350 cyangwa wandike ubutumwa bwawe kuri ino e-mail : singirawilliam@gmail.com.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img
Amasomo atangirwa mu kigo cya Rubavu Technical College TSS

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo