REG yasabwe gukemura bimwe mu bibazo bigaragara mu mikorere yayo

img
REG ivuga ko hari ibyo igiye kunoza

Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’Imari n’umutungo by’igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko PAC yasabye ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu REG gukemura ibibazo byagaragaye muri Raporo y’Umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta kuko bidakozwe byazagusha Leta mu gihombo mu bihe bizaza.

Muri ibyo harimo gusubiramo amasezerano y’inyigo z’umushinga wa Nyabarongo II uzatanga Megawatt 43 z’umuriro w’amashanyarazi, kunoza ibitabo by’amasoko bigakorwa mu mucyo n’ibindi.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu REG Armond Zingiro yemeza ko inama bagiriwe bagiye kuzikurikiza kugira ngo imishinga bafite ifitiye abaturage akamaro izashyirwe mu bikorwa neza.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo