Kwandika abifuza kwiga ururimi rw’Ikidage byongeye kugaruka

img
Kwiga ikidage ubu biroroshye na TCL

Abantu bifuza kumenya no gusobanukirwa ururimi rw’Ikidage bashyiriweho uburyo bwo kwiyandikisha bagatangira kwiga mu cyiciro kizwi nka A1. Mu ishuri rya Training Center of Languages rikorera mu kigo cya Rubavu Technical College TSS giherereye mu murenge wa Nyundo I Rubavu, guhera tariki 17 Kamena 2024 kugeza 31 Nyakanga 2024 bari kwandika abantu bose babyifuza. Amafaranga asabwa uwiyandikisha ni ibihumbi icumi y’u Rwanda (10000Rwf)

Impamvu ari byiza kugana iri shuri riri aha hantu benshi bazi ku izina rya Hoteleri, Training Center of Languages (TCL) baguha amakuru yuzuye y’uko byagenda kugira ngo wige ndetse unakore mu Budage.Ikindi kandi abanyura muri iri shuri bose baba bafite ubushobozi bwo kuvuga no kwandika neza ururimi rw’Ikidage.
Amasomo biteganyijwe ko azatangira ku itariki 12 Kanama 2024. Abiga ku manywa bazajya biga kuva saa mbiri za mu gitondo kugeza saa sita, Ku mugoroba bazajya biga kuva saa kumi n’imwe n’igice kugeza saa mbiri n’igice, mu gihe abazajya biga mu mpera z’icyumweru(weekend) ari ukuva saa mbiri kugera saa cyenda.

Training Center of Languages (TCL) hari abarimu b’abanyamwuga, ibitabo biherekejwe n’imfashamyigire zigezweho byose bituma uwiga asohoka ari ku rwego rwiza.
Ku muntu waba akeneye andi makuru yabariza kuri nimero igendanwa ariyo +250 788 653 350 cyangwa agakoresha ubutumwa bwa e-mail bwoherejwe kuri singirawilliam@gmail.com.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

img
Aya masomo atangirwa muri Rubavu Technical College TSS

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 4

comment
Juliette
2024-06-20

Ibi bintu ni byiza cyne tuzahaz

comment
Vidaste
2024-06-20

WOW! Kuza gutangir bisabiki"?

comment
UWIMANA Marie Chantal
2024-06-21

Nibyiza kucyiga Kandi kizadufasha kitugirire nakamaro nonese kucyiga bisaba iki ,nukucyigirahe

comment
Gatera
2024-06-21

Kwiga bishyurangahe? Murakoz

Tanga Igitekerezo