Warning: fread(): Length parameter must be greater than 0 in /home4/bpkhwcfx/public_html/fullpost.php on line 15
Umufaransa Fabien Doubey yegukanye Tour du Rwanda2025 - Ubuvumbuzi Hose kubwawe

Umufaransa Fabien Doubey yegukanye Tour du Rwanda2025

img
Fabien Doubey

Umufaransa Fabien Doubey ukinira Team Total Energies yegukanye Tour du Rwanda2025, yasojwe itarangiye nyuma y’uko agace kayo ka nyuma kakinwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025, kahagaritswe kubera imvura n’umuyaga mwinshi.

Agace ka karindwi ari na ko ka nyuma ka Tour du Rwanda kagombaga gukinwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, gatangiriye kuri Kigali Convention Centre, ndetse kakaza kuhasorezwa nyuma y’intera y’ibilometero 74.
Irushanwa rizenguruka Igihugu ku Magare ryatangiye gukinwa ririmo abakinnyi 69 ariko ryageze ku munsi wa nyuma risigayemo 64.

Ubwo isiganwa ryari rimaze gukinwa intera yo kwishyushya, byatangajwe ko imihanda yari gukoreshwa yahindutse, kubera imvura yaguye igatuma igitaka kijyamo mu bice bya Mont Kigali ku buryo abakinnyi batari kuhanyura.
Hanzuwe ko hakinwa agace ko kuzenguruka inshuro enye mu mihanda ya KCC-Gishushu RDB-MTN-Kabuga ka Nyarutarama-UTEXRWA-Tennis Club- Golf Club-SOS-MINAGRI-Meridien-KBAC-RIB Kimihurura-Kimicanga- Kwa Mignone-Kabindi-KABC-KCC.

Ubwo abakinnyi bari bamaze kuzenguruka inshuro eshatu, byanzuwe ko isiganwa rihagarikwa kubera imvura ivanze n’umuyaga yaguye igatuma imihanda inyerera cyane.
Ni icyemezo cyafashwe na Perezida w’Akanama Nkemurampaka k’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi, UCI.

Ibi byatumye Umufaransa Fabien Doubey yegukana Tour du Rwanda nyuma yo kubara uwakoresheje ibihe byiza mu duce twabanje. Yakoresheje 19h35’12’’ ku ntera y’ibilometero 827.5.
Ku mwanya wa kabiri hasoreje Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan yasize amasegonda 6 na Oliver Mattheis wa Bike Aid wasizwe n’uwa mbere ho amasegonda 11.
Umunyarwanda wasoreje hafi ni Masengesho Vainqueur, wabaye uwa 7, asigwa na Fabien Doubey amasegonda 51.

Fabien Doubey yanditse amateka yo kuba Umufaransa wa mbere wegukanye Tour du Rwanda yakinwaga ku nshuro ya 17 kuba ibaye mpuzamahanga, ndetse no ku nshuro ya karindwi kuva izamuriwe urwego ikagera kuri 2,1.

Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda ya 2025 kanyuze mu nzira zizifashishwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera i Kigali ku wa 21-28 Nzeri 2025 aho izakinwamo mu byiciro 13 birimo abagabo, abagore n’abakiri bato.
Shampiyona y’Isi izanyura mu nzira y’ibilometero 267,5 irimo akazamuko ka metero 5.475, ni ubwa mbere izaba ikiniwe ku Mugabane wa Afurika mu myaka 103 imaze ikinwa.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo