Ibisabwa ngo U Burusiya bugirane ibiganiro na Ukraine

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yavuze ko ibiganiro byahuza Perezida w’icyo gihugu Vladimir Putin na mugenzi we wa Ukraine Volodimir Zelensky byaba mu gihe hari ibyagezweho mu gukora amasezerano y’amahoro agamije guhagarika intambara hagati y’ibihugu byombi. Mu gihe ibihugu byombi bimaze igihe mu ntambara yaguyemo abatari bake, abandi bakava mu byabo, Perezida Zelensky yakunze kugaragaza ko kuganira na mugenzi we Putin byafasha mu kunoza uburyo bwo gushyira iherezo kuri iyo ntambara.


Ni ibintu yakunze kugarukaho mu bihe bitandukanye ndetse ubwo impande zombi zasubukuraga ibiganiro bigamije guhagarika intambara yongeye kubigarukaho. Abahagarariye Ukraine mu biganiro byabahuje n’abahagarariye u Burusiya Istanbul muri Turikiya na bo b