REB mu ikoranabuhanga rizafasha abarimu guhindura ibigo

img
Byorohejwe guhindura ikigo

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’ibanze REB rwatangaje ko abarimu bifuza guhinduranya n’abifuza guhindura ibigo bigishaho, iyi gahunda izatangira guhera kuri uyu wa Mbere kandi bikazakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ni mu gihe bamwe mu barimu bagaragazaga ko bagorwa no guhindura ibigo ngo begere imiryango yabo bigatuma bamwe bafata icyemezo cyo gusezera kubera kunanirwa n’imibereho y’aho boherezwa gukora. Benjamin Serugendo na Gihozo Ange ni umugabo n’umugore bashakanye batuye mu Karere ka Gasabo kandi bose bakora umwuga w’uburezi ku bigo by’amashuri bitandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru.

Iyo bagiye ku kazi inzu barayikinga cyangwa bakayishakira abayikodesha. Bavuga ko bahangayikishijwe no kuba barasabye ko bahindurirwa ibigo kugira ngo bakore ariko banubatse urugo ruri hamwe bikaba byarananiranye ku buryo iyo bari mu kazi baba bibaza icyerekezo cy’urugo rwabo bakabona nta terambere.

Iki ni ikibazo bahuriyeho na bagenzi babo boherejwe kwigisha mu bigo by’amashuri biri kure y’imiryango yabo cyangwa abafite ibibazo byihariye birimo ubumuga, indwara zitandura zababayeho akarande ku buryo bigisha badatekanye kubera gukorera kure y’imiryango yabo cyangwa aho batuye.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi bwibanze REB cyatangaje ko guhera kuri uyu wa Mbere abarimu, batangira gusaba guhinduranya kandi bikazakurikirwa no gusaba kwimuka ku bigo bajya ku bindi.
Umuyobozi ushinzwe ishami ry’imibereho n’iterambere ry’abarimu muri REB Ntawukuriryayo Leon MUGENZI avuga ko abarimu bazoroherezwa muri iyi gahunda ari abujuje ibisabwa kandi bikazakorwa mu gihe gito.

Uyu muyobozi avuga ko nta cyuho bizasiga ku bigo by’aho abarimu bazava bajya ku bindi bigo kuko byateguwe.

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2023-2024 uzatangira taliki ya 25 Nzeli 2023.
REB igaragaza ko mu Rwanda hari abarimu n’abakozi mu bigo by’amashuri basaga ibihumbi 102.
Muri uyu mwaka wa 2023/2024 haziyongeraho abasaga ibihumbi bitandatu.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo