Menya ibijyanye n’inkwano mu Rwanda

img
Inkwano ivuze byinshi mu muco Nyarwanda

Mu Rwanda hambere bakwaga iki?


Mu Rwanda hose iyo basabaga umugeni bagombaga no kugira icyo baha umuryango utanze umugeni: Batangaga inkwano. lyo nkwano yabaga ari iyo kwerekana ko umugeni aturuka mu muryango. Yari Ishimwe rya nyir’umukobwa, kubera ko yabaga yarareze neza umwana akaba agiye gushinga urwe.

Iyo nkwano siko hose yabonekaga. Habagaho umugeni batangiraga ubuntu. lbyo tuzabigarukaho. Gusa icyo twibandaho muli izi mpapuro ni igihe inkwano yabaga ibonetse, uko yatangwaga, n’akamaro kayo mu gusaba umugeni.

Inkwano yatangwaga mu Rwanda.

Iyo nyiri ugushaka umugeni yabaga yabengutse umukobwa, yasangaga Se w’umukobwa, yihekeje inzoga akamubwira ko yabengutswe umukobwa we, none akaba ashaka kumusabira umuhungu we. Nyir’umukobwa nawe yaba ashimye umuryango uje kumusaba umugeni akamubemerera, ariko akamusaba inkwano.

Ubwo nyir’ ugusaba umugeni yabaga yariteguye, inkwano ayifite bagahana igihe cyo kuzaza kumukwera.

Ariko niba inkwano yaratangwaga mu Rwanda hose, ntabwo yata¬ngwaga ku buryo bumwe.
Hari uturere twakwaga inka, utundi tugakwa andi matungo yo mu rugo: lnka, ihene………….., byose byaterwaga n’uko umuntu· atunze,uko akarere kabigennye.

Usanga ahanini inkwano yari yibanze ahanini ku itangwa ry’inka. Dukurikije ibyo twagiye tubaza abantu bamwe mu tu¬rere tw’u Rwanda, hariho aho bashyiragaho umugereka kuri ya nka ahandi naho bakayikwa yonyine iyo batabaga bakoye ibindi.

Inkwano yari inka imwe, ku babaga bayifite. Ku babaga batayifite, batangaga ihene eshanu, esheshatu cyangwa se umunani.

Ku byerekeye amasuka hatangwaga isuka imwe, yajyanaga n’inkwano. Iyo suka yitwaga iya CYOZI. Ku matungo hatangwaga intama imwe.

Usibye ayo matungo yakobwaga, hashoboraga gutangwa n’ibindi ku babaga batashoboye kubona amatungo yo gukwa.

Iyo batangaga utubindi bagere¬kagaho n’inka. Utubindi twatangwaga ni tubiri tw’amarwa cyangwa se tw’urwagwa cyangwa se turenga.

Dufashe muri Gisaka ho muri Kibungo.

Dukurikije uko abo twabajije batubwiye, bakwaga inka imwe. lyo inka itabaga ibonetse ntibyabuzaga gutanga umugeni gusa bagakwa ama¬suka, kuva kuri imwe kugera ku icumi, kuko inka n’amasuka bijyana byombi. Iyo inkwano itabaga ari inka cyangwa se amasuka, uwasabaga yatangaga amatungo. Cyane cyane ariko hatangwaga Intama. Iyo bitabaga ibyo, uwasabaga yashoboraga no gutanga: Umuheto n’imyambi; imyambaro; imyaka, amashaza n’ibishyimbo.

Abo twabajije bo muli Birenga nabo batubwiye nk’ibyo tumaze kuvuga haruguru.

KIBUYE- BWAKIRA:

Inkwano yari inka imwe. Ariko iyo yabaga yabuze bashoboraga gukwa amasuka kuva kuri ane kugera kuri atandatu: lyo babitangaga byombi, batangaga isuka imwe n’inka imwe. lbyo nibyo byatangwaga,mu gihe cyo gukwa.

Muri MABANZA bakwaga kimwe no muri BWAKIRA, usibye ko ho bashoboraga no gukwa amatungo: Intama cyangwa se ihene. Ayo ma¬tungo yashoboraga kuba atandatu cyangwa se umunani. Uwabaga lero atabonye inkwano yajyaga gutenda.

UBUSHIRU – GASEKE

Igihe cyo gukwa uwasabaga umugeni yatangaga inka ebyiri, akagere¬kaho ingwate cyangwa ikimasa. Ariko batangaga n’amasuka. Bashoboraga gutanga amasuka kuva kuri ane kugera ku munane. lyo nyiri ugusaba yatangaga inka, isuka- yabaga imwe, amasuka akava kuri imwe ku¬gera ku munani.

Naho ku byerekeye amatungo, hatangwaga ihene kuva ku munani kugeza ku icumi. Ubundi hashoboraga no gutangwa n’iki¬bindi n’imyaka. lyo hatagiraga ikiboneka muri ibyo twavuze umusore yajyaga gutenda.

MUBUGA- RUSENYI:

Dukulikije ibyo twabwiwe n’abo twagiye tubaza muri ako karere naho bakwaga inka, usibye ko ho umubare washoboraga kuva kuri imwe kugera kuri eshatu.

Hatangwaga kandi n’amasuka, gusa ntiyari ingereka, ahubwo yata¬ngwaga yonyine. Umubare wayo washoboraga kuva kuri ane kugera ku munani.Usibye ibyo bimaze kuvugwa nta kindi cyatangwaho inkwano.

BUYENZI – NSHILI :

Kimwe no mu tundi turere tw’u Rwanda, muri Nshili bakwaga inka imwe. lyo bakwaga amasuka, batangaga amasuka atandatu cya¬ngwa se umubare uri hejuru y’ayo kugeza ku masuka munani.

Iyo byabaga ari imvange, ni ukuvuga inka n’amasuka, hatangwaga inka imwe n’amasuka kuva kuri imwe kugera kuri ane.

Umukene utaragiraga icyo atunze yatangaga uruhande rw’inka n’amasuka ane.

Mu matungo batangaga intama yabaga ihagara’iye inka. Umubare wazo wagenwaga n’umutungo w’umuntu. Ariko ryali rimwe cyangwa se abili. Ubundi kandi bashoboraga no gutanga ikibindi kinini, isando, umuheto byaba bitabonetse umugeni agatangirwa ubuntu cyangwa se umuhungu akajya gutenda.

KIVU :

Inkwano yari ikomeye cyane. Bacaga uwaje gusaba ibintu byinshi. Ni ukuvuga ko yagombaga kuba ari umutunzi, kuko inkwano, iyo yaba¬ga ari inka bamusabye, yavaga ku nka imwe kugera ku nka ebyiri. Ama¬suka nayo kuko yari mu bishobora gukobwa, umubare wayo wavaga ku¬ri ane kugera ku munani.

Iyo byabaga ari imvange, ni ukuvuga ari inka n’amasuka, hatangwaga inka imwe n’isuka imwe yagendaga imbere y’inka. Usibye rero inka nta rindi tungo bakwaga: Gusa bashoboraga gukwa n’ibindi bitari ama¬tungo. lbyo ni nk’umuheto, n’ibindi… Iyo ibyo byose byavuzwe haruguru bitashoboraga kuboneka cya¬ngwa se iyo byabaga bitabonetse, umugeni yatangirwaga ubuntu, byaba bitabaye ibyo umusore akajya gutenda.

KIRARO:

Bo dukurikije abo twagiye tubaza n’ibyo bagiye batubwira, mu gukwa bakwaga inka nkeya. Batangaga inka kuva kuri imwe kugera kuri ebyiri.

Iyo habaga hatabonetse inka bashoboraga gutanga amasuka. lyo rero babaga batanze amasuka batangaga kuva kuri abiri kugera ku muna¬ni. Aho banyuranyirije n’abandi ni uko bo batashoboraga gutangira amasuka n’inka icyarimwe. lyo habaga habonetse kimwe muri ibyo cyabaga gihagije. Nta n’irindi tungo bakwaga.
Bashoboraga rero no gukwa umuheto, kimwe n’isando. Ubundi ibyo byose bitabonetse, umusore yajyaga gutenda cyangwa se umugeni bakamutangira ubuntu.

KINYAMAKARA :

Naho uburyo bwo gukwa bwari kimwe no muri KIRARO. Bashobo¬raga gukwa inka imwe. Naho iyo batangaga amasuka batangaga atanu, cyangwa se umunani w’amashikazi. Usibye ibyo nta bindi batangaga. lyo byabaga kandi bitabonetse umuhungu yajyaga gutenda, cyangwa se baba bamugiriye imbabazi, kubera ariko ubwumvikane bw’imiryango bakamushyingira ku buntu.

BYUMBA- GITI :

Bamaze kwemererwa umugeni babasabaga inkwano. Mu gukwa batangaga inka kimwe n’ahandi. lyo nka yabaga ari imwe. lyo bakwaga amasuka, yashoboraga kuba abiri cyangwa se atatu. lyo babitangaga byose hamwe, batangaga inka imwe n’isuka imwe. Bashoboraga kandi no gutanga amatungo.
Itungo bakundaga gutanga cyane ni intama. Yabaga ari imwe nabwo kandi iyo uwabaga yarakoye yabaga yaratanze inka imwe gusa. Usibye ibyo tumaze kuvuga nta bindi bakwaga

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo