Inguzanyo ya miliyari 97 Frw niyo izavugurura Ibitaro bya Ruhengeri

img
Iyi nguzanyo yitezweho guhindura byinshi

U Rwanda n’ u Bufaransa kuri uyu wa Mbere byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 91 z’amayero arimo azifashishwa mu kuvugurura no kwagura Ibitaro bya Ruhengeri.

Ni amasezerano yashyizweho umukono ku ruhande rw’u Rwanda n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w’Imari n’igenamigambi Richard Tusabe na Arthur Germond, Umuyobozi w’Ikigega cy’u Bufaransa cy’Iterambere.

Kuvugurura Ibitaro bya Ruhengeri biri muri gahunda ya Leta y’u Rwanda yo kuba ihuriro rya serivisi z’ubuvuzi muri aka karere. Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana avuga ko kuvugurura ibi bitaro bizatuma abaturage barushaho guhabwa serivisi nziza baba abo mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba by’umwihariko, ndetse n’abo mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

Muri iyi nguzanyo miliyoni 75 z’amayero angana na miliyari 97 z’amafaranga y’u Rwanda ni yo azakoreshwa mu kuvugurura Ibitaro bya Ruhengeri na ho iliyoni 16 z’amayero angana na miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda akoreshwe muri gahunda zo kubaka ibikorwaremezo by’iterambere mu nzego zinyuranye.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo