New Eden Beach amahitamo rukumbi y’aho gusohokera i Gisenyi

img
New Eden Beach

New Eden Beach ni hamwe mu hantu heza habereye ijisho ku buryo uhasohokeye wese ahagirira ibihe byiza. Ni ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu mu karere Ka Rubavu ahitwa Brasserie; by’umwihariko buri hantu hose wakwicara uba ukikijwe n’amazi. Hateye nk’ikirwa.

Igihe uganira n’inshuti mwasohokanye niko uba wumva umuziki utuje kandi unogeye amatwi aba Djs b’abanyamwuga baba bacuranga. Benshi bishimira aka gace kubera impamvu zitandukanye zirimo umwanya munini uhagije wo guparikamo imodoka igihe waje witwaye cyangwa se ufite umushoferi.
New Eden Beach hari abatetsi b’abahanga bazi gutunganya ifi ndetse n’andi mafunguro mu buryo bwihariye. Aha niko abakozi bazi kwakira neza abakiriya baba bakugeraho igihe cyose ubakeneye kugira ngo baguhe ibyo kunywa bisembuye n’ibidasembuye.

Ku bantu bategura iminsi mikuru irimo isabukuru y’amavuko, kwambika umukunzi wawe impeta, ubukwe bw’abageni; guhitamo aha hantu ni ingingo yatuma abo watumiye bahora bakwirahira kubera ubwiza bwaho.
Uretse ibi twavuze haruguru , New Eden Beach iyo uhageze unaniwe ushaka kuruhuka bafite ibyumba byiza byujuje ibyangombwa umukiriya akeneye. Ibi bituma igihe uri aha hantu bitagusaba urundi rugendo ujya gushaka icumbi.

Kuri wowe ukunda gutembera mu bwato, New Eden Beach ntabwo yigeze ikwirengagiza kuko hari amato atwara abantu mu ituze. Ushobora guhitamo ubwo ugendamo uri umwe cyangwa se muri itsinda ry’abantu benshi.
Hamagara iyi nimero bagufashe niba hari ibindi wifuza kubaza +250 788 357 771.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img
Ni ku kiyaga cya Kivu

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo