2024-01-11
Polisi ya Nigeria irimo gukora iperereza kuri Davido, umuhanzi mu injyana ya Afrobeats, nyuma y’uko mugenzi we Tiwa Savage amureze kumutera ubwoba no kumushyiraho ibikangisho.
Amakimbirane hagati y’aba bahanzi bakomeye bivugwa ko yatangiye mu kwezi gushize nyuma y’uko Tiwa atangaje kuri Instagram ifoto ari kumwe n’umwe mu bagore babyaranye na Davido.
Mu kirego yahaye polisi cyatangajwe n’ibinyamakuru byinshi muri Nigeria, Tiwa avuga ko Davido yarakajwe n’iyo foto, avuga ko ari ubushotoranyi kuri we.
Tiwa avuga ko Davido yasubije avuga “amagambo akojeje isoni, y’ubugome kandi y’ibitutsi” kuri we.
Copyright ©2018 - 2024
Tanga Igitekerezo