Inama y’Igihugu y’Umushyikirano Bimwe mu bibazo n’ibisubizo byatanzwe

img
Bimwe mu bibazo byabonewe umuti

Umunsi wa mbere w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano wabereye ibisubizo bamwe mu banyarwanda bawitabiriye, bari mu Rwanda no mu bindi bihugu biherereyemo abanyarwanda.

Bamwe mu banyarwanda baboneye ibisubizo by’ibibazo muri iyi nama ni abanyeshuri 6 bahunze intambara ya Ukraine aho bigaga, bakomereza amasomo yabo muri Pologne ariko basanga ikiguzi cy’uburezi gishobora kurenga ubushobozi bwabo.
Kuri iki kibazo, Perezida Paul Kagame yahise atanga igisubizo mu buryo butaziguye, avuga ko iki kibazo gikwiye gukemurwa aba banyeshuri bagakomeza kwiga.

Mu bindi bibazo birebana n’uburezi, harimo icy’ibikoresho bidahagije mu mashuri yigisha imyuga, ikibazo cy’imihanda y’imigenderano yangiritse, ingamba leta ifite zo gukumira ibiza no kunoza serivisi n’umusaruro utangwa n’abanyarwanda baba mu mahanga.
Kuri iki kibazo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr vincent Biruta yavuze ko Abanyarwanda baba mu mahanga barimo gushyirirwaho uburyo bworoshye bwo kurushaho kwitabwaho no gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’igihugu.

Hanagarutswe ku kibazo cya serivisi zitanoze mu bijyanye n’ubuziranenge, ariko abari bazihagarariye biyemeza kubikosora mu gihe kitari kera.
Ibyinshi mu bibazo byabajijwe byabonewe ibisubizo, ibisigaye bihabwa umurongo n’igihe kitarambiranye bizaba byabonewe ibisubizo, abayobozi n’abaturage bafatanyije.

Mu nama y’igihugu y’umushyikirano, ibibazo by’abaturage bimenyekana kandi bigasubizwa hakoreshejwe uburyo bw’imbonankubone n’uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abari mu turere dutandukanye no mu bindi bihugu kuyikurikirana.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo