ITANGAZO KU BASHAKA KWIGA IKIDAGE

img
Itangazo

Ikigo cyigisha indimi TRAINING CENTER OF LANGUAGES kiramenyesha abantu babishaka ko cyatangiye kwandika abashaka kwiga ururimi rw’lkidage kwiyandikisha bikazarangira ku wa 31/07/2024 cyane cyane hakaba hakenewe abize sciences (MCB,PCM,PCB,MEC,MEG),abize General Mecanic,MVM,Automoble Technology na Electronics services hamwe n’abize ibindi. Amasomo azatangira ku wa 12/08/2024.

Turabamenyesha ko hari amahirwe ashobora kuboneka yo kujya gukomereza amasomo mu Budage no kujya gukorayo ubukorerabushake ku muntu wabonye nibura Certificat ya B1 mu kidage.
Kwiyandikisha bikorwa mu minsi y’akazi no mu masaha y’akazi.
Ibisabwa kugira ngo wiyandikishe ni ibi bikurikira:
➤ Fotokopi ya Diplome(Ku barangije secondaire)
➤ Fotokopi y’irangamuntu/passport
 Kwishyura ibihumbi icumi (10,000frw) byo kwiyandikisha
Iki kigo kibarizwa muri Rubavu Technical College TSS (Hoteleri)
Ku bindi bisobanuro mwahamagara kuri telefone ikurikira 0788653350
NB: Twigisha level zikurikira:A1,A2,B1 na B2.
Hari programme yo ku manywa,nimugoroba na weekend.
Uretse kwigisha ikidage tubagira inama uko umuntu yagera mu Budage mu nzira zemewe n’amategeko.
Bikorewe i Rubavu ku wa 01/07/2024
Ukeneye andi makuru wahamagara nimero ya telephone +250 788 653 350.
Umuyobozi wa TCL SINGIRANKABO William niwe wasinye kuri iri tangazo.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo